Back to list UMWANZURO W’INTEKO ISHINGA AMATEGEKO Y’U RWANDA KU MWANZURO W’INTEKO ISHINGA AMATEGEKO Y’UBUMWE BW’UBURAYI WO KUWA 11 NZERI 2025 KU KIBAZO CYA INGABIRE VICTOIRE MU RWANDA (2025/2861(RSP))
Articles

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, 

Imaze kubona umwanzuro itishimiye w’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi wo kuwa 11 Nzeri 2025 ku bijyanye na INGABIRE Victoire (2025/2861(RSP)); 

Yibukije umwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ku mwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi (2016/2910 (RSP)) wo kuwa 6 Ukwakira 2016 ku Rwanda ku bibazo bisa nk’ibyo; 

Ishimangira ko u Rwanda ari Leta yigenga, ifite ubusugire, demokarasi kandi igendera ku mategeko nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga n’andi mategeko; 

Ishimangira kandi ko Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi itemerewe kwivanga mu miyoborere y’u Rwanda kuko binyuranye n’ibiteganywa n’Amasezerano Mpuzamahanga ashyiraho Umuryango w’abibumbye n’andi mategeko mpuzamahanga; 

Izirikana ko u Rwanda rwemera imitwe ya politiki myinshi ku buryo imitwe ya politiki yujuje ibisabwa n’amategeko ishingwa kandi igakora mu bwisanzure; 

Iributsa ko ubucamanza bw’u Rwanda ari bwo murinzi w’uburenganzira n’ubwisanzure bwa muntu. Bukoresha ububasha bwabwo mu bwisanzure kandi bwubahiriza Itegeko Nshinga, andi mategeko n’amahame mpuzamahanga; 

Iributsa kandi ko INGABIRE Victoire yahamijwe ibyaha bitandukanye, nyuma agafungurwa ahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika, ubu akaba ari mu butabera kubera ko hari ibindi byaha akekwaho; 

1. Yamaganye ikomeje imyanzuro y’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi igaragaramo kwivanga mu mikorere y’ubucamanza, ibyo bikaba binyuranye n’amahame ahuriweho y’ubwigenge bw’ubucamanza n’aya demokarasi; 

2. Yamaganye umwanzuro n’imvugo by’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi bishingiye ku makuru abogamye, adashingiye ku mategeko, agorekwa n’abanyapolitiki bafitiye urwango u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo, bagamije gutesha agaciro ubwigenge, inzego zubakiye ku ihame rya demokarasi, iterambere, umwanya n’icyubahiro by’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga; 

3. Irasaba iyubahirizwa ry’amahame y’ubwubahane, ubwizerane no kubazwa inshingano mu bufatanye bwose bw’iterambere bityo ikagaya ibangamirwa ry’ayo mahame mu mikorere y’Inteko Zishinga Amategeko; 4. Yemeje ko uyu mwanzuro ushyikirizwa Visi Perezida wa Komisiyo y’Ibihugu by’Ubumwe bw’Uburayi/Intumwa Nkuru y’Ubumwe bw’Uburayi ishinzwe Ububanyi n’Amahanga n’ibirebana na politiki mu by’umutekano, Inama y’Ubumwe bw’Uburayi; Komisiyo y’Ubumwe bw’Uburayi, Ibihugu by’Ubumwe bw’Uburayi, Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, Umuryango w’Abibumbye, Guverinoma y’u Rwanda, Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi.

Umusozo

Explore More
Speaker Kazarwa participates in an extraordinary meeting of EAC Speakers’ Bureau
Articles
Speaker Kazarwa participates in an extraordinary meeting of EAC Speakers’ Bureau On 12 June 2026, the Speaker of the Chamber of Deputies, Gertrude Kazarwa, virtually participated in the Extraordinary Meeting of the Bureau of Speakers of the East African Community (EAC). Read more
Senate commits to working closely with relevant institutions to advance technology-driven agriculture
Articles
Senate commits to working closely with relevant institutions to advance technology-driven agriculture The Senate convened a consultative meeting on 12 June 2026, bringing together Senators, representatives of public and private institutions, agricultural experts and farmers to discuss how technology can accelerate agricultural transformation in Rwanda. Read more
Minecofin presented the national budget for the 2026/2027 fiscal year to parliament.
Articles
Minecofin presented the national budget for the 2026/2027 fiscal year to parliament. On 11 June 2026, the Chamber of Deputies, during a joint plenary sitting of both chambers of Parliament, approved the relevance of the bill determining the State Budget for the 2026/2027 fiscal year. Read more